AMATEGEKO AGENGA UMUNYESHURI/SCHOOL INTERNAL RULES

 I.GENERAL RULES :DAY AND BOARDING SCHOOL/AMATEGEKO RUSANGE KU  BANYESHURI BIGA BATAHA N’ABACUMBIKIRWA/ REGLEMENTS GENERAUX  POUR LES ELEVES EXTERNES ET INTERNES 

                             IKOSA/ MISTAKE

IGIHANO/PUNISHMENT

1-Gukererwa  amasomo  mu gitondo cyangwa  nyuma y’akaruhuko.

  -Being late at the time of starting courses either in morning or after  break

-gukurwaho  amanota 3 no gukora igihano cy’amaboko cyangwa kimwe muri ibyo

2.-Kubangamira  mwarimu  cyangwa  mugenzi  wawe  mu gihe cy’isomo

    -Disturbing teacher or your classmate while  learning

Gukurwaho amanota 2 n’igihano cy’amaboko

3  -Kutaba aho ugomba kuba  uri mu ishuri

    -Not Being in your place in classroom  (sitting elsewhere you like without a permission)

Gukurwaaho amanota 5

4.-Gusiba ishuri nta mpamvu izwi  n’abayobozi

   -Absent in school  without  a  convincing  reason

Kuzana ababyeyi no gukurwaho amanota 10 no gutumwa umubyeyi

5.-Kuriira mu ishuri (biscuit,bonbon….)

   -Chewing some thing in class  such    as  candy, biscuit, chewing-gum

Gukurwaho amanota  2 no gukuraho imyanda mu ishuri

-kugurira class yose ibyo yaryaga

 

 

 

6.-Kwambara ibitare ,amaherene,imikufe,gusinga inzara,gusiga iminwa,gutereka inzara,kwiyogoshesha ingohe,kwiyogoshesha  penke n’ibindi birangaza,kwambara ingofero,kutasokoza,kutagabanya umusatsi.

  -Wearing the jewels,such as  rings,earing necklaces,hat,faking such as chiropondist,shabby hairstyle,not combing hair and  any kind of  make-up.

Kubyamburwa no gukurwaho amanota 5

7.-Kutambara umwenda w’ishuri, kwambara mini ,kudatebeza, kwambara ipantalo y’icupa n’indi myambaro y’urukozasoni .

   -Not wearing school uniform, mini-skirt,no stringing shirts and  shabby clothes

 


8.-Kwambara bodaboda, rugabire ,  kambambili cyangwa izindi nkweto zose zitemewe.

   -Wearing Bodaboda ,tyres shoes,bathroom shoes(slippers)  and  other shoes  non permited.

Gukurwaho amanota 5 akanabikosora

Kubyakwa burundu

-kugura ndi mwenda w’ishuri

 

 

 

-Gukurwaho amanita 2

9.-Kutagira isuku ku mubiri ,ku myambaro,aho urara,aho wicaye mu ishuri  n’aho urira. (Refectoire) guta impapuro n’indi myanda ahatarabugenewe

      -Not Putting on  tidy clothes  and  keep body filthy.

–  Gukurwaho amanota 5

10.Gutagaguza imyanda  aho ubonye hose (ibipapuro,ibyatsi,ibitambaro bishaje…..)

    -Throwing useless papers  and  other  mess any where  around by.

-Gukurwaho amanota5 no gutunganya aho yanduje.

11.Gucira aho ubonye hose no kwimwiza intoke

     -Spitting anywhere  in school and blowing one’s nose without a handkerchief

-Gukurwaho amanota 3 no gukora isuku aho wanduje (gukora isuku aho yanduje)

12.-Kudakora imirimo  wahawe nta mpamvu

     -Lack of good  will of accomplishment the given  task without motive

akora wenyine icyumweru

13.-Kunyura mu ruzitiro cyangwa  kuvugana n’uwo hanze  uri mu kigo

     -Crossing through  the school fence

Yishyura ikizingo cya senyenge cyangwa umufuka wa sima

15-Kwangiza   ibikoresho by’ikigo:ubusitani, inyubako,inzugi,amadirishya,ibitabo,kwanduza ibikuta,…

    -Damaging   school materials:Green space ,School   building,Doors,windows, books,Texbooks,  wall…..

Yishyura icyo yangije.

14.-Gusohoka mu  kigo nta ruhushya,guhagarara mu  marembo,Kuvugana n’abari  inyuma,

     -Leaving school without any permission ,staying at school entrance  and  talking out of school property

-Kuzana umubyeyi ,guhabwa igihano cy’amaboko gukurwa amanota 10 cyangwa igihano kimwe muri ibyo cyangwa kwirukanywa burundu

15.-Gukubita no gutuka mugenzi  wawe  ukamwandagaza, gukubita umuyobozi ,umurezi cyangwa     

         kumwandagaza(ibitutsi,gusebanya,kubeshyera,…)

     -Beating or insulting classmate  or  leader

-Gusezererwa burundu mu kigo byaba ngombwa ugashyikirizwa inzego z’ubuyobozi bwa LETA

16.-Kwinjiza ibiribwa mu kigo nta ruhushya  wabiherewe kimwe no kugaragaraho ubusinzi

     -Bringing food  into school without permission and taking alcohol

guhabwa weekend, kuzana umubyeyi, gukurwaho amanita 10+igihano cy’amaboko, isubiracyaha ni ugusezererwa mu kigo

17.-Kunywa ,gucuruza no gutanga ibiyobyabwenge.

     -Smoking/consuming ,selling and  serving  the drugs  and  tobacco.

-Gusezererwa   mu kigo ukashyikirizwa inzego z’umutekano (police)

18.Gutunga Telefoni   ku ishuri.

      -Having a handphone at school

-Kuyakwa no gukurwaho amanita 10

19. -Gukoresha ibyuma bifotora ,ibifata amajwi   ku ishuri nta ruhushya.

      -Using cameras and  recorders  without  permission

-Kubyamburwa

20.Kwiba ibikoresho by’ishuri cyangwa ibya mugenzi wawe cyangwa kubyangiriza ubugome.

     -Stealing or/and damaging/destroying  school materials or  classmate’s materials

-Kuriha ibyangijwe ,ukasezererwa mu kigo byaba    

   na ngombwa  ukanashyikirizwa inzego  

   z’ubuyobozi  cyangwa  iz’umutekano.

21.Guhishira uwakoze icyaha kandi wamumenye

      -Not  revealing the truth about mistakes

Bahanwa kimwe

22.-gufatwa ukopera cyangwa ubigerageza

      -cheating or  attempting to cheat the quiz,exam, class work.

-Guhabwa zero muri  iryo suzuma kandi ukanakurwaho amanota 10.

23.-guca amatangazo agenewe abanyeshuri utabiherewe uburenganzira

     -tearing communication or advertisement without authorization.

-Guhabwa weekend no gukuraho amanota 10

24.Kugaragaraho amacakubiri n’ingengabitekerezo ya genoside ku ishuri

    -Having  discrimination  and/or genocide ideology   

-Gusezererwa burundu  mu kigo kandi  ugashyikirizwa inzego z’ubuyobozi  bwa LETA

25- Gufatirwa  mu ngeso mbi z’urukozasoni(gusambana,,ubutinganyi,kwikinisha,gusomana ….)

    -Showing dishonorable acts ( having sex ,masturbation ,kissing and  homosexuality )

-Gusezererwa burundu mu kigo,gutumwa    

  ababyeyi cyangwa  gukurwaho amanota 6 umaze

    no kwigishwa

26.Kuvuga ikinyarwanda utabiherewe  uburenganzira .

    -No utilization of either English,French or Swahili at school.

-Gukurwaho amanota 3 ukanandika inshuro  usabwe amwe mu  magambo y’icyongereza  cyangwa interuro.guhabwa imirimo y’amaboko,

Kubura cyangwa kujugunya ikarita yagenere imicungire y’imikoreshereze y’ icyongereza.

-Losing the wooden card reserved for the one who speaks Kinyarwanda instead of  English.

Gutumwa umubyeyi no gutanga amafaranga yo gusimbuza ikarita yataye(5000)

27.’Kudafata notes no kudakora imikoro

    -Not taking  notes  and  not doing assignment.

-Guhabwa igihe gito gishoboka cyo kuzifata ,ukanahabwa  igihano cy’amaboko ukanakurwaho amanota 5.

28.Gusohoka buri kanya mu gihe cya etude nta ruhushya

    – Getting out of the class from time to time during the individual study without  permission.

-Gukurwaho   

   amanita 5

29.Kuterekana  ikarika y’ishuri cyangwa iya Discipline igihe iyibajijwe n’ubifitiye uburenganzira

    -No showing school card or discipline card   to a person who is concerned  by that responsibility.

-Gutumwa umubyeyi  no gukurwaho amanota   10

30.Kwanga kujya muri club, Itorero n’indi mikino

     -No participating at games  or no joining clubs

     -Non participation  aux  jeux ou   non   adhérence  aux  clubs

-Gutumwa umubyeyi

31.Kujya mu gikoni  utabifitiye uburenganzira

    -Going into  the kitchen  without  authorization.

-Gukurwaho amanota 5

32.-Kwandika  amagambo  ku kibaho  cyangwa ku  nkuta  asebanya ,atesha agaciro cyangwa yakurura amakimbirane n’umwiryane

      -Writing the slanders   on  wall or blackboard .

-Gutumwa umubyeyi ,guhabwa igihano cy’amaboko  no gukurwaho amanota 10

33.-Kwigaragambya no kubikangurira abandi.

      -Going on strike  or mobilizing in strike.

-GUSEZERERWA MU KIGO BURUNDU

34.-Gufatanwa uburozi  cyangwa ikintu cyose gishobora guhungabanya   umutekano  w’abandi .

     -Bringing the poison  or other  thing  which can disturb  school internal security( modern or traditional weapons).

-Gusezererwa mu kigo burundu  ukanashyikirizwa inzego za Leta z’umutekano

35.Kutajya aho wasabiye  uruhushya

    – Not going  to the place  where you  requested  permission for.

36.Guhabwa  igihano cyo gutaha mu rugo inshuro eshatu  mu mwaka

     – Punishment  of  three  week-ends  /year

     -Punition   de trois  week-ends  /an

37 –Gutsindwa imyitwarire 

    -Failure in conduct

   -Echec en  conduit

-Gutumwa ababyeyi 

 

 

-Gusezererwa mu kigo burundu

 

 

 

-GUSEZERERWA MU KIGO BURUNDU

38 .Kubeshyera mugenzi wawe

     -saying wrong things or lies to your collegue

Koherezwa mu rugo,ugakurwaho amanota 10 ukanasaba imbabazi imbere y’abanyeshuri bose uwo wasebeje

39. Ukuweho amanota kugeza kuri 20

     -Substraction of over 20 marks of conduct

Gutumwa umubyeyi

40. Kurenza uruhushya wahawe bitazwi

    -Taking over days of permission

Ukurwaho amanota 5

41. Kwambarira hasi(pocket down)

Ukurwaho amanota 5

42. Kurisha intoki

      -using hands when eating

Ukurwaho amanota 5

43.kuvugana n’umuntu wo hanze  wowe uri mu kigo

     -Talking with outsiders while you are inside

 

Ukurwaho amanota 5

 

44-.Gutoroka ikigo

     -Going home without any permission from the school authority(ies)

 

Utumwa umubyeyi,ugahabwa igihano cy’amaboko ukanakurwaho amanota 5

46.Kubesha umuyobozi

      -Telling lies to the authorities

Ukurwaho amanota 10,wakwongera ukoherezwa mu rugo

-Ufatiwe mu ikosa inshuro 3 iryo ariryo ryose ahanishwa itegeko rya 41 bikaba byanamuviramo gusezererwa burundu

-Aya mategeko agomba gukurikizwa  uko ari amaze kwemezwa na KOMITE NSHINGWA BIKORWA)(Parents Teachers Committee)y’ishuri

-Atangira  gukurikizwa mu gateganyo igihe cyose Komite ya Discipline y’ishuri imaze kuyashyiraho umukono

-Rimwe muri aya mategeko cyangwa menshi ashobora guhindurwa cyangwa gukorerwa ubugororangingo mu rwego rwo kuyanoza cyangwa kuyahuza    
  n’igihe.

-Nta munyeshuri ufite uburenganzira bwo kwanga kubahiriza aya mategeko yitwaje impamvu iyo ariyo yose kuko atowe impande zose zirebweho.

-Aya mategeko amanikwa ahantu hose abanyeshuri bagomba kuyabona nko ku nzugi z’amashuri,kuri public notesboard.

-Aya mategeko ashobora guhana icyaha cyangwa ikosa ryakorewe mu nzira  ava ku ishuri cyangwa mu biruhuko mu rwego rwo guhesha agaciro ishuri.

-Igihano  gishobora guhindurwa cyangwa kugabanywa  cyangwa kongerwa mu gihe cyose inama ya Discipline n’umubyeyi babigiyeho inama cyangwa umuyobozi ugufatiye mu ikosa abisuzumye.

 

 

 

 

Komite ya Discipline

 

1.Umuyobozi w’ishuri ,MUKESHIMANA Rosine

 

2.Uhagarariye abarimu, NSABIMANA Egide

 

3.Uhagarariye biro y’imyitwarire y’abanyeshuri,NIYONZIMA Isaie

 

4.Uhagarariye abanyeshuri,NDINDIRIYIMANA Augustin